Volleyball: APR y’Abagore yatangiye neza imikino Nyafurika (Amafoto)

  • SHEMA IVAN
  • Mata 3, 2025
  • Hashize amezi 5
Image

APR WVC yatsinze Club Féminin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1 (18-25, 26-24, 25-23, 25-22) mu mukino wa mbere w’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika muri volleyball y’Abagore (CAVB Club Championship 2025). 

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Mata 2025 mu Mujyi wa Abuja muri Nigeria aho iyi mikino yatangiye gukinirwa.

Muri uyu mukino, APR WVC yatangiye nabi ndetse itakaza iseti ya mbere ku manota 25-18.

Ikipe y’ingabo z’igihugu yasubiranye imbaraga mu iseti ya kabiri itsinda amanota menshi, Club Féminin de Carthage yakomeje kwihagararaho ariko biranga, iyitsinzwe ku manota 26-24.

APR WVC yakomerejeho no mu iseti ya gatatu, iyitsinda bigoranye ku manota 25-23.

Iseti ya nyuma ntiyagoye Ikipe y’Ingabo kuko yayitsinze ku manota 25-22. Muri rusange umukino warangiye, APR WVC yatsinze Club Féminin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1 (18-25, 26-24, 25-23, 25-22).

APR WVC izagaruka mu kibuga wa Gatanu tariki ya 4 Mata ikina Nigeria Customs Service.

Indi kipe ihagarariye u Rwanda Police WVC izatangira imikino yayo ku wa Gatanu tariki ya 4 Mata, saa kumi n’ebyiri ikina na Kenya Pipeline basanzwe bahangana mu mikino y’Akarere ka gatanu.

APR WVC yatangiranye itsinzi mu mikino Nyafurika y’Abagore ya CAVB Club Championship 2025)
APR WVC yatsinze Club Féminin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1
  • SHEMA IVAN
  • Mata 3, 2025
  • Hashize amezi 5
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE