Davido yaciye amarenga ko vuba azakorana indirimbo na Chris Brown

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Ugushyingo 28, 2024
  • Hashize amezi 9
Image

Umuhanzi w’injyana ya Afrobeat ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido yaciye amarenga ko vuba azakorana indirimbo na Chris Brown.

Ibi arabivuga nyuma y’uko hashize iminsi mike akoranye indirimbo na Nicki Minaj yiganjemo injyana ya AfroBeat, ibyo yashingiyeho avuga ko Nicki Minaj na Chriss Brown bakunda umuco wo muri Africa.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru Davido yahamije ko Chriss Brown bamugaragarije uko bakunda umuco w’abanyafurika n’injyana yabo ibyo ashingiraho ahamya ko ashobora kuzoroherwa no gukorana na bo.

Ati: “Chriss Brown na Nicki Minaj bakunda umuco wa Afurika, niba mwarabonye indirimbpo mperutse gukorana na Nicki Minaj, mukabona ari nziza, yakozwe mu buryo bufite Afrobeats nyinshi kuko yashakaga uburyohe bwa Afurika bwuzuye. Muri iyi minsi, abahanzi b’abanyamahanga bifuza gukora injyana yacu ya muzika, bityo biranyorohera gukorana nabo na Chris Brown birashoboka.”

Uretse kuba yarakoranye indirimbo na Davido, Nicki Minaj akunze kugaragara abyina cyangwa asubiramo indirimbo ziri mu njyana ya Afrobeat ibishingirwaho havugwa ko akunda umuco n’imbyino zo muri Afurika.

Ngo kuri Davido ni igihe cyiza cyo kumenyekanisha umuco we nk’Umunyafurika kandi agatanga uburyo n’ubwiza bwose bw’umuco nyafurika.

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Ugushyingo 28, 2024
  • Hashize amezi 9
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE