Washington yihanangirije Isiraheli kurwanya Gaza yihinduranyirije muri Libani

Ingabo za Isiraheli zikomeje kuroha ibisasu bikaze ku nkengero z’amajyepfo ya Beyrouth, ndetse no mu majyepfo ya Libani aho ivuga ko yibasiye ibirindiro bya Hezbollah. Muri icyo gihe, yaguye ibikorwa byayo ku butaka mu majyepfo y’iburasirazuba bw’igihugu.
Mu kiganiro kuri telefone, Joe Biden yasabye Benyamin Netanyahu kugabanya ingaruka z’ibisasu ku baturage muri Libani, cyane cyane i Beyrouth, akemeza ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage bayo Hezbollah.
Biden yagize ati: “Isiraheli , mugabanye ingaruka z’imirwano irimo guteza akaga abaturage, kandi nemeza ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage bayo umutwe wa Hezbollah.”
Ingabo za Isiraheli zagabye ibitero bine ku butaka icyarimwe ahantu hatandukanye ku mupaka wa Libani hagamijwe kwigarurira imisozi umunani. Kuva ku nkombe ya Mediterane kugera munsi y’ahitwa Golan higaruriwe, birengagiza amajyaruguru ya Isiraheli kimwe no mu majyepfo ya Libani kandi abayituye bahabwa inyungu runaka.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Minisitiri w’Ingabo muri Isiraheli, Yoav Gallant, yatangaje ko Isiraheli yihoreye Irani nyuma y’igitero cya misile yatewe bitunguranye.
Ibiro Ntaramakuru by’Abanyapalesitina Wafa byatangaje ko ku wa Gatatu, nibura Abanyapalesitina 16 bishwe mu majyaruguru no hagati muri Gaza mu bitero bya Isiraheli, cyane cyane i Jabaliya. Inzego zishinzwe ubutabazi zavuze ko hapfuye 18 kuvamu ijoro ryo ku wa Kabiri kugeza ku wa Gatatu.
Perezida w’Amerika Joe Biden, Kamala Harris na Benyamin Netanyahu bavuganye kuri telefone ku kibazo kitoroshye muri Irani kibangamiye intambara iwirakwira, ndetse n’amakimbirane ikomeje kugirana na Libani. Perezida w’Amerika yasabye Netanyahu kugabanya ingaruka birimo kugira ku baturage muri Libani, cyane cyane i Beyrouth, kandi ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kurinda abaturage bayo Hezbollah.
Ingabo za Isiraheli zigambye ko zishe abantu babiri ba Hezbollah. Nk’uko byatangajwe kuri X. Ikindi ni uko indege z’intambara, Mohammad Ali Hamdan, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya intwaro zikaze zirimo roketi na za misile mu karere ka Kiryat Shmona.
Mu kindi gitero, Mohammad Ali Hamdan, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ibisasu biremereye mu karere ka Meiss Ej Jabal, yibasiye abaturage bo mu majyaruguru, na we yahasize ubuzima..
